Ubwiza bw'Umudugudu wa GIRINZU uherereye muri Gahanga A
Girinzu ni umwe mu mishinga y’amacumbi aciriritse ugamije kuziba icyuho cy’amacumbi ibihumbi 310 Umujyi wa Kigali ukeneye ngo utuze abantu bawo heza kandi neza bitarenze mu mwaka 2032. Umufaransa Stéphane Monceaux afatanyije n’Umunyarwandakazi Me Wibabara Jacqueline n’itsinda bakorana bishyize hamwe barawutangiza ugamije gufatanya n’Abanyarwanda batuye mu mahanga n’ababa mu Rwanda gutunga inzu zabo mu buryo bworoshye. Ni umushinga ugeze kure mu gushyirwa mu bikorwa aho igice cya mbere kiri gusozwa mi gice bise Gahanga 1 hakazakurikiraho Gahanga 2 mu mezi ataha uyu mwaka wa 2023. IGIHE yasuye k’unshuro ya 3 uyu mudugudu wiswe "Village Umutuzo" mu rwego rwo kumenya aho ibikorwa by’ishyirwa mu bikorwa byo kubaka inzu bigeze nyuma y’imya 3. Umwe mu bayobozi b’umushinga Girinzu, Stéphane Monceaux, yagaragaje ko igice cya mbere cy’uyu mushinga cyamaze kuzura kandi ko abantu batangiye kugura inzu zo guturamo aho bigeze ku kigero cya 99%. Yagaragaje ko hamaze kubakwa inzu 67 kandi ko bagiye kubaka izindi nzu enye zubatswe mu buryo bwa Apartment zifite ibyumba bitatu bitatu, zizaba zifite umwihariko ugereranyije n’izindi muri uyu mudugudu. Kugeza ubu kandi uyu mudugudu wamaze kugirana ibiganiro na Banki ya Kigali ku buryo ababishaka bashobora guhabwa inguzanyo z’inzu zo kubamo zubatse muri uyu mudugudu kugirango hatagira ubyifuza ubura uburyo kandi ashobora kwishyura mu bice iyo Banki. Stéphane Monceaux, kandi yashimangiye ko imirimo yo kuzuza igice cya mbere isozanya na Nyakanga 2023 kandi bagahita bakomeza n’igice cya kabiri bateganya ko kizihuta cyane bitewe n’uko iby’ibanze byose byamaze gutegurwa. Uyu mudugudu ugizwe n’inzu zigezweho uzirebeye inyuma bikaba akarusho uzinjiyemo bitewe n’imyubakire yazo yizwe neza bijyanye na gahunda yo kutangiza ibidukikije kandi ikoresha ibikoresho byo mu Rwanda mu buryo buhendutse kandi bufite uburambe. Ureba uyu mudugudu abona ko imyubakire yo muri aka gace yahindutse ndetse bikanashimangira kwaguka ku Mujyi mu buryo bw’Ibikorwaremezo n’imyubakire igezweho. Ni umudugudu ugizwe na zimwe mu nzu zifite ibyumba bibiri, uruganiriro, ubwogero, igikoni n’ubusitani, igite igice kigeretse ku kindi, imwe igura guhera kuri miliyoni 35 Frw. Icyiciro cya kabiri kigizwe n’inzu zigeretse rimwe, imwe igizwe n’ibyumba bitatu, uruganiriro, ubwogero n’ubusitani butunganyijwe ikaba igura miliyoni zisaga 74 Frw naho icyiciro cya gatatu kigizwe n’inzu zifite ibyumba bine, uruganiriro, ubwogero bubiri, igikoni kigezweho n’ubusitani bugari ikagurwa miliyoni 120Frw. Ni umudugudu wubatswe ku buso bwa hegitari ebyiri, urimo ibice bitatu byubatswe mu buryo butandukanye bitewe n’ushaka gutura ndetse n’ubushobozi bwe. Urubyiruko rw’Abanyarwanda rugira uruhare mu myubakire igezweho Umukozi Ushinzwe imyubakire, Rugamba David, yagaragaje ko mu gihe cyo gukora ibikorwa byo gusoza inzu umukiliya ahabwa amahirwe yo kugaragaza ibyo yifuza ko bamukorera. Yasobanuye ko mbere y’uko batangira kubaka inzu habanza gukorwa inyigo kugira ngo inzu itazigera ihura n’imbogamizi iyo ari yo yose. Bafite kandi n’ibikoresho byifashishwa mu kunoza imirimo ya nyuma kuko hari lazerline ifasha mu kureba umurongo w’inkuta no kugenzura ko inzu iri ku bipimo bikenewe. Yakomeje agira ati “Dukoresha uburyo bw’amakipe, ku buryo buri kipe iba ifite imirimo ishinzwe. Harimo ishinzwe kubaka inkuta, ishyiramo amashanyarazi, ifunga amadirishya kandi zose ziba zifite abayobozi bakurikiranira hafi imirimo.” Rugamba David umaze imyaka itanu akora akazi ku bwubatsi agaragaza ko mu bijyanye n’ubwubatsi Girinzu yihariye mu buryo bwo gufasha mu kubongerera ubumenyi. Yongeyeho ati “Ku bijyanye n’umudugudu biratandukanye cyane kuko aha iyo umukiliya aje agira uruhare mu mirimo izasoza. Ashobora kuvuga ngo ndashaka iki tukareba ko gishoboka kigashyirwa mu bikorwa nk’uko abyifuza.” Ikindi gikomeye umukiliya ugiye kugura inzu muri abanza kugenzura uko inzu imeze ku buryo igihe agiye kuyituramo nta kibazo na kimwe ashobora kugira. Umwe mu bakora igishushanyo mbonera ku bigiye gukorwa muri uyu Mudugudu, Mukamazimpaka Jacqueline, yagaragaje ko buri nzu igenerwa ibiti bibiri by’imbuto ku buryo ugiye kuyiganamo asanga byaramaze guterwa ndetse ikagira n’ubusitani bugezweho.

Amazu ya Girinzu, igice cya mbere cyaratashywe: ikiganiro cyihariye na Me Jaqueline Wibabara

Aho Imirimo Igeze: King Faisal Hospital Expansion & OASIS Park II Apartments 🔍

HITAMO INZU ihwanye nubushobozi bwawe 🛎️ Igisubizo kubifuza kugura Inzu Zihendutse mu Rwanda

Irebere uko Inzu Igura MILIYARI Iba Imeze muri Kigali

Inzu Nziza Igurishwa i Kigali Yubatse neza kuri 150M , Tour / House for sale a $ 100.000

TWASUYE CLAIRE WACIYE IBINTU KU MAVUTA❤️Ubwiza buracyari bwose ku myaka 66|Burya koko avuka ibwami

BWAMBERE P.KAGAME IMBERE YA GEN.IBINGIRA AVUZE UKO KAYUMBA NYAMWASA YAMUHAMAGAYE// BURUNDI NA FARDC

Ibintu 6 Ugomba Kumenya Ukanabyitondera Mbere yo Kugura Ubutaka, Ikibanza, Inzu. Shishoza Utazicuza

Village Umutuzo 🇷🇼 | GiRiNZU real Estate umushinga ufite amazu adasanzwe i Gahanga Kigali

Mpazi Umudugudu ugezweho muri Kigali

Inzozi zizaba impamo? Barifuza kubaka inzu ibihumbi 20 zizaturwamo n’ab’amikoro make

IKI GITONDO LE 29/6/2026 IBY'U RWANDA,BURUNDI NA CONGO BIRAHINDUTSE,DORE IBYO M23 NA UGANDA BAKOZE..

Umurenge wa Gahanga

GiRiNZU Houses at UMUTUZO VILLAGE

Rebero: Inzu yubatse mu buryo butangaje! | Twinjire turebe ibigize ubwiza bwayo bw’imbere

Kigali Housing Project employs over 2,000 workers paid every three days

Kinigi: Dutemberane mu Mudugudu w'Icyitegererezo watujwemo imiryango 144

Ndizera ntashidikanya neza ko iyinzu arubwambere uyibonye Let’s watch this video $2.2M is the price

Irebere uko INZU NSHYA i Kigali ziba zubatse! IRAGURISHWA

