harakayira gashya Imana iguciriye nonaha ibuka gukora subscribe

Tuguhaye ikaze mwese kuri channel yacu Kwiyomora By’Anyabyo, turi kumwe na Ev.Becca. Uyu munsi turababwira ijambo ry’ihumure n’icyizere: Hari akayira gashya Imana iri kugucira nonaha. Nubwo wari warazimye intege, nubwo wari ubona inzira zose zifunze, Imana ntiyibagiwe ubuzima bwawe. Iri gukora ikintu gishya, kandi izaguhesha inzira aho watekerezaga ko nta nzira ihari. Nk’uko ijambo ry’Imana ribivuga muri Yesaya 43:19: “Dore ngiye gukora ikintu gishya, kiramera; none se ntimukibona? Nzaca inzira mu butayu, nsubize inzuzi mu kidaturwa.” Ubutayu bwawe bugiye kubamo inzira, aho wumvaga humye Imana igiye kuhacira urumuri. Ibikomeye byari bikugose bigiye gusenywa, kandi Imana igiye kugushyira ahantu h’icyubahiro. Komera, wizere, kuko ibyo Imana yatangiye kubikora izabisoza. Ntutinye ejo hazaza, kuko hari akayira gashya kagutegereje. Ev.Becca ✨