Aho Isi igeze igera ku iherezo ryayo Inyamaswa Enye ziteye ubwoba By NZARAMBA Emmanuel

Iyaba buri musirikare wese wa Kristo yarakoze inshingano ye, iyaba buri murinzi wese washyizwe ku nkike z‟i Siyoni yaravugije impanda mu ijwi risobanutse, ubu abo mu isi baba baramaze kumva ubutumwa bw‟umuburo. Nyamara umurimo wakererewe imyaka myinshi. Mu gihe abantu bari basinziriye, Satani we yakomeje umurimo we wo kudutanguranwa. –Témoignages, vol. 3, p. 354 ; Testimonies, vol. 9, p. 29. Nimureke dukore umurimo twashinzwe muri iki gihe, kandi twamamaze ubutumwa bugomba gukangura abagabo n‟abagore kugira ngo biyumvishe akaga barimo. Iyaba buri Mudivantisti w‟Umunsi wa Karindwi yarasohoje neza inshingano ye, umubare w‟abizera uba urenze uko ungana ubu. Mu mijyi yose yo muri Amerika haba hariho abantu bamaze kwemera ubutumwa, bakumvira amategeko y‟Imana. –Témoignages, vol. 3, p. 350 ; Testimonies, vol. 9, p. 25. 94 #ubutumwabwiza #ubuhanuzi Wifuza gushyigikira uyu murimo #+250782899213