Abantu Ibihumbi 50 Bizihirije Asomusiyo i Kibeho

Abagatolika aho bari hose ku isi, bizihije umunsi bibukiraho kujyanwa mu ijuru kwa Bikira Mariya mu karere ka Nyaruguru hazwi nk'i Kibeho. Aha i Kibeho, mu myaka 42 ishize, habereye amabonekerwa ari mu byatumye hamenyekana cyane, bityo hafatwa nk’ubutaka butagatifu. Hateraniye abantu ibihumbi 50.