UMVA UKO YEZU YITWARA ABONYE UBURYO ABANTU BAJAGARAYE/SOBANUKIRWA IBY'INDORO YA YEZU!

AMASOMO YO KU CYUMWERU CYA 11 GISANZWE A Isomo ryo mu gitabo cy'Iyimukamisiri(Iyim 19, 2-6a). Mu kwezi kwa gatatu nyuma y’aho Abayisraheli baviriye mu Misiri, Bari bahagurutse i Refidimu, bataha mu butayu bwa Sinayi, nuko baca ingando muri ubwo butayu. Israheli ica ingando aho ngaho, hateganye n’umusozi. Musa rero azamuka umusozi asanga Imana. Uhoraho amuhamagarira mu mpinga y’umusozi, avuga ati «Bwira utya inzu ya Yakobo, kandi utangarize Abayisraheli, uti ’Mwiboneye ubwanyu ibyo nakoreye Misiri, n’ukuntu mwebwe nabahetse nk’uko kagoma iguruka ihetse abana bayo, maze nkabazana mbiyegereza. None rero nimwumva ibyo mbabwira, mukubahiriza Isezerano ryanjye, muzaba abanjye bwite mu miryango yose, n’ubwo isi yose na yo ari iyanjye; ariko mwebwe muzambera urugaga rw’intore zinshengerera n’umuryango mutagatifu’. Ngayo amagambo uza kubwira Abayisraheli.» Iryo ni Ijambo ry’Imana. Dushimiye Imana! Zaburi ya 100 (99), 1-2, 3, 5 Inyik/ Nyagasani, uratuyobore inzira zigeza ku bugingo, kandi uzatwinjize mu Ngoro yawe. Isomo ryo mu ibaruwa Mutagatifu Pawulo Intumwa yandikiye Abanyaroma (Rom 5, 6-11) Bavandimwe, Koko rero igihe twari tugifite intege nke, Kristu yapfiriye abanyabyaha ku munsi wagenwe. Birakomeye ko hagira upfira intungane; sinzi niba hagira uwemera gupfira inyangamugayo. Imana rero yerekanye urukundo idufitiye kuko Kristu yadupfiriye kandi twari abanyabyaha. None ubwo twagizwe intungane n’amaraso ye, tuzarokorwa na We uburakari ku buryo busumbijeho. Koko rero, niba twariyunze n’Imana mu rupfu rw’Umwana wayo kandi nyamara twari abanzi, ubwo twiyunze, tuzarokorwa mu buzima bwe ku buryo busumbijeho. Si n’ibyo ngibyo gusa: twishimiye Imana muri Yezu Kristu Umwami wacu, ari We ubu ngubu wadufashije kwiyunga. Iryo ni Ijambo ry’Imana. Ivanjili Amagambo yo mu Ivanjili ntagatifu uko yanditswe na Matayo (Mt 9,36-38 ; 10,1-8) Muri icyo gihe, Yezu abonye iyo mbaga y’abantu, abagirira impuhwe, kuko bari barushye kandi bameze nk’intama zitagira umushumba. Nuko abwira abigishwa be ati «Imyaka yeze ni myinshi, ariko abakozi ni bakeya; nimusabe rero Nyir’imyaka yohereze abakozi mu mirima ye.» Amaze guhamagara abigishwa be cumi na babiri, abaha ububasha bwo kuganza roho mbi no kuzirukana, n’ubwo gukiza icyitwa indwara n’icyitwa ubumuga cyose. Dore amazina y’izo ntumwa cumi n’ebyiri: uwa mbere ni Simoni witwa Petero, na Andereya murumuna we; Yakobo mwene Zebedeyi, na Yohani murumuna we; Filipo na Baritolomayo, Tomasi na Matayo umusoresha; Yakobo mwene Alufeyi na Tadeyo; Simoni w’i Kana, na Yuda Isikariyoti wa wundi wamugambaniye. Abo cumi na babiri Yezu abohereza mu butumwa, kandi abihanangiriza agira ati «Ntimwerekeze mu karere k’abanyamahanga kandi ntimwinjire mu migi y’Abanyasamariya; ahubwo musange intama zazimiye z’umuryango wa Israheli. Aho munyura, muvuge ko Ingoma y’ijuru yegereje. Mukize abarwayi, muzure abapfuye, ababembe mubakize, mwirukane roho mbi. Mwahawe ku buntu, mutange ku buntu.» Iyo ni Ivanjili ntagatifu.

IKINYOMA CY'ABATEGETSI CYICISHA RUBANDA/ICY'UMWAMI NERO CYICISHIJE ABAKRISTU BA MBERE. NUBU BIRABA!
▶︎

IKINYOMA CY'ABATEGETSI CYICISHA RUBANDA/ICY'UMWAMI NERO CYICISHIJE ABAKRISTU BA MBERE. NUBU BIRABA!

IMPAMVU ICYICARO CYA KLIZIYA KIBA I ROMA/BA RUDASUMBWA MU BATAGATIFU. AMATEKA AGERA KU MUTIMA
▶︎

IMPAMVU ICYICARO CYA KLIZIYA KIBA I ROMA/BA RUDASUMBWA MU BATAGATIFU. AMATEKA AGERA KU MUTIMA

IBIKOMERE BYE TUBIKESHA UMUKIRO.(IZ53,5) PART I
▶︎

IBIKOMERE BYE TUBIKESHA UMUKIRO.(IZ53,5) PART I

DORE UGIYE/8/2026/ KUYOBORA UBURUNDI UMUHANUZI BWIHUTA CYANE  IMANA ishimwe
▶︎

DORE UGIYE/8/2026/ KUYOBORA UBURUNDI UMUHANUZI BWIHUTA CYANE IMANA ishimwe

KUBABARIRA BIRAKUGORA? DORE INTAMBWE CUMI N'EBYIRI ZA NGOMBWA KUGIRA NGO UBIGEREHO!
▶︎

KUBABARIRA BIRAKUGORA? DORE INTAMBWE CUMI N'EBYIRI ZA NGOMBWA KUGIRA NGO UBIGEREHO!

Intambara yo kuba "Umuntu Muzima" na Patiri Emmanuel Mugiraneza
▶︎

Intambara yo kuba "Umuntu Muzima" na Patiri Emmanuel Mugiraneza

COL.BORA IMBERE YA P.KAGAME YEMEJE KO UBURUNDI BWAGABYE IGITERO BICA KARUROZA// UBURUNDI NA FARDC
▶︎

COL.BORA IMBERE YA P.KAGAME YEMEJE KO UBURUNDI BWAGABYE IGITERO BICA KARUROZA// UBURUNDI NA FARDC

Ibyo unyuramo utishimiye uyu munsi, Imana izabihinduramo umugisha w’ejo hazaza |Pastor Desire H.
▶︎

Ibyo unyuramo utishimiye uyu munsi, Imana izabihinduramo umugisha w’ejo hazaza |Pastor Desire H.

GUTSINDWA K'UBUBASHA BWIGARAZAGA NKABO IJURU PART 1
▶︎

GUTSINDWA K'UBUBASHA BWIGARAZAGA NKABO IJURU PART 1

AMABANGA 9 Y’UMWUKA MU MASAHA YA SAACYENDA ABANDI BATINYE KUVUGA!
▶︎

AMABANGA 9 Y’UMWUKA MU MASAHA YA SAACYENDA ABANDI BATINYE KUVUGA!

UBUHAMYA BWANJYE KU MASOMO Y'IKI CYUMWERU: KWAKIRA ABANTU B'IMANA BITERA IMIGISHA
▶︎

UBUHAMYA BWANJYE KU MASOMO Y'IKI CYUMWERU: KWAKIRA ABANTU B'IMANA BITERA IMIGISHA

NI BABERE URUGERO ABANDI. BEGURIYE AMERIKA UMUTIMA MUTAGATIFU WA YEZU/AMAHEREZO YA BA YEZABELI
▶︎

NI BABERE URUGERO ABANDI. BEGURIYE AMERIKA UMUTIMA MUTAGATIFU WA YEZU/AMAHEREZO YA BA YEZABELI

SOBANUKIRWA UKUNTU NGO ABASESERODOTI BAGIZE URUHARE RUKOMEYE MU KUGUSHA ISI MU KAGA IRIMO.🔥🔥🔥
▶︎

SOBANUKIRWA UKUNTU NGO ABASESERODOTI BAGIZE URUHARE RUKOMEYE MU KUGUSHA ISI MU KAGA IRIMO.🔥🔥🔥

YABONYE INGURUBE IRYA ISHAPULE BIMUTERA UMUJINYA MWIZA/AMATEKA Y'IYI BAZILIKA ARATANGAJE.
▶︎

YABONYE INGURUBE IRYA ISHAPULE BIMUTERA UMUJINYA MWIZA/AMATEKA Y'IYI BAZILIKA ARATANGAJE.

URUJIJO KU MABONEKERWA Y'I MEJIGORJE NYUMA Y'IMYAKA 45. IMPAMVU VATIKANI IDAFATA UMWANZURO.
▶︎

URUJIJO KU MABONEKERWA Y'I MEJIGORJE NYUMA Y'IMYAKA 45. IMPAMVU VATIKANI IDAFATA UMWANZURO.

Imana iraje ibakubite akanyafu
▶︎

Imana iraje ibakubite akanyafu

DORE UMUBYEYI UGEZE ASIZI KU MVA YA MUTAGATIFU FRANSISKO NONE BYAMURENZE IBITANGAZA BIBA BYINSHI.
▶︎

DORE UMUBYEYI UGEZE ASIZI KU MVA YA MUTAGATIFU FRANSISKO NONE BYAMURENZE IBITANGAZA BIBA BYINSHI.

MGR KIZITO BAHUJIMIHIGO ATANZE UBUHAMYA MU RUHAME. ISHINGWA RY'INGORO YA BIKIRA MARIYA
▶︎

MGR KIZITO BAHUJIMIHIGO ATANZE UBUHAMYA MU RUHAME. ISHINGWA RY'INGORO YA BIKIRA MARIYA

IBINTU 12 YEZU YASEZERANIJE ABUBAHA UMUTIMA WE MUTAGATIFU/BATAGATIFU 2 BABIGIZEMO URUHARE.
▶︎

IBINTU 12 YEZU YASEZERANIJE ABUBAHA UMUTIMA WE MUTAGATIFU/BATAGATIFU 2 BABIGIZEMO URUHARE.

INYIGISHO KU MABONEKERWA YA KIBEHO
▶︎

INYIGISHO KU MABONEKERWA YA KIBEHO